• Rwanda Horticulture Officer [Fixed-Term] - One Acre Fund

    Employer: One Acre Fund
    Posted: 13 June 2023
    Share

    Amakuru kuri ONE ACRE FUND - TUBURA

    TUBURA yatangiye mu 2006, ubu ikorana n’abahinzi bato bagera kuri miliyoni imwe tubagezaho serivisi z’ubuhinzi bakeneye kugira ngo imirima yabo irusheho gutanga umusaruro mwinshi. Ikipe yacu y’abarenga 8,000 bavuye kandi bafite ubumenyi butandukanye. Ibikorwa dukorera mu bihugu bigera kuri 6 by’Afurika, bituma tubasha gufasha abahinzi kongera umurasururo mu buhinzi binyuze mubyo tubaha ku ideni byongera umusaruro, bakabihererwa mu ntera ngufi uvuye mu ngo zabo, ndetse n’inyigisho z’ubuhinzi zigamije kongera umusaruro Ikindi tukabashakira isoko tubahuza n’abaguzi. Ugereranije, abahinzi dukorana nabo umusaruro bagira wiyongeraho 50% nyuma yo gukorana n’umuryango wa TUBURA.

    Imiterere y’akazi

    Horticulture Officer ni umukozi ushinze kumenya abahinzi bahinga imbuto n’imboga bo muri rejiyo azaba akoreramo, azafasha mu gushaka abahinzi, kubahugura no gukusanya umusaruro w’avoka ndetse n’izindi mbuto cg imboga ziri mu gace azaba akoreramo. Horticulture Officer afite inshingano zo kuyobora abafatanyabikorwa b’avoka(Avocado representatives) icumi(10) nibura baherereye mu tugali turi muri rejiyo akoreramo kandi akaba azaba akorana byahafi n’abahinzi mumikorere ya buri munsi no gukemura ikibazo icyo aricyo cyose cyavuka ku murima w’avoka.

    Horticulture Officer ashinzwe kwita kubahinzi bacu akabaha serivisi nziza, kubasura burigihe kugirango akusanye amakuru yose akenewe, abagire inama zerekeranye n’ubuhinzi bw’imbuto n’imboga cyane cyane ubuhinzi bw’avoka, ikindi kugirango abahe amakuru avuye muri TUBURA CBC. Officer azafasha ikipe y’abafatanyabikorwa b’avoka(Avocado representatives) mukazi kabo ka buri munsi ko ku murima harimo kwandika abahinzi bashya bahinga avoka, Gusuzuma umusaruro uhari burigihe, gutegura ikusanywa ry’umusaruro, gushaka ikipe isarura kd neza ndetse no kuyihugura. Officer azaba ari umukozi uhuza ibikorwa byo ku murima, ashaka kandi atanga amakuru y’umusaruro w’avoka uri mu bahinzi, ahananahana amakuru yo ku murima n’umuyobozi we.

    Horticulture Officer ushinze imbuto n’imboga azayoborwa na Horticulure Supervisor ushizwe Intara/Rejiyo akoreramo.

    Inshingano

    • Gufata inshingano zo kwita kubakiriya bacu batuye muri rejiyo ukoreramo
    • Guhugura abafatanyabikorwa b’avoka ndetse n’abahinzi
    • Gutegura igikorwa cyo gukusanya umusaruro muri rejiyo yawe
    • Gushaka uburyo butaguhenze bwo gutwara umusaruro wo mukarere kawe ukawuhuriza ahantu hamwe wateganyije
    • Kuyobora ikipe y’abafatanyabikorwa b’avoka bo mu karere ukoreramo.

    Ibyo Usaba akazi agomba kuba yujuje

    • Kuba azi kuvuga/kuganira neza mururimi rw’ikinyarwanda.
    • Kuba afite uburambe bw’igihe cy’umwaka akorana n’abahinzi kd akorera ku murima
    • Kuba azi gukoresha smartphones, Tablets n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga
    • Kuba azi gusoma, kohereza no gusubiza ubutumwa bugufi bwa email
    • Kuba afite ubumenyi bwibanze nko kuzuza amakuru kuburyo bw’ikoranabuhanga, urugero kuzuza amakuru muri excel ukoresheje Tablet.
    • Kuba azi kuganiriza abahinzi, afite ubunararibonye mu guhuza ikiganiro n’umuntu wese mushya.
    • Kubaha no Gukoresha imvugo iboneye mugihe wasuye cg uri kuganiriza umuhinzi.
    • Kuba afite ubushobozi bwo kwiga ubumenyi bw’ikoranabuhanga bushya mu gihe gito.
    • Kuba yarasoje amashuri yisumbuye(A2) mu masomo ayariyo yose
    • Kuba yarize ubuhinzi nibura kugera ku cyiciro cy’amashuri yisumbuye bizaba ari akarusho.
    • Kuba afite ubumenyi ku bwoko bw’avoka zibanguriye bizahabwa agaciro gakomeye.
    • Kuba afite ubushobozi bwo gutanga amahugurwa y’ibyo yize ku bakozi bagenzi be ,abahinzi cyangwa abakiriya bacu.
    • Kuba ashoboye kugenda urugendo rurerure asura abahinzi b’imbuto n’imboga bo mu mirenge akoreramo.
    • Kuba afite ubushobozi bwo gutegura ikusanywa ry’avoka ndetse no gutegura ibikoresho azakenera ku gihe
    • Kuba afite ubushobozi bwo gusashaka uburyo umusaruro yakusanyije ugera ahabugenewe ku gihe kd utangiritse
    • Kuba asanzwe atuye mu karere turi gushakamo umukozi ni andi mahirwe kuri we.
    • Kuba yemera gukora iminsi ya Weekend

    Gukura mu mwuga no kwiteza imbere

    Dufite umuco ukomeye wo guhora twiga kandi dushora imari mugutezimbere abaturage bacu. Uzajya ugenzura buri cyumweru hamwe numuyobozi wawe, kubona inama hamwe na gahunda zamahugurwa, hamwe nibitekerezo bisanzwe kubikorwa byawe. Dukora isubiramo ry’umwuga buri mezi atandatu, kandi tugashyiraho umwanya wo kuganira kubyo wifuza n’intego zawe. Uzagira amahirwe yo gushinga ishyirahamwe rikura no kubaka umwuga wigihe kirekire.

    Itariki yo gutangiriraho
    Vuba bishoboka

    Ahantu hari akazi
    Rulindo, Burera, Gicumbi and Nyaruguru, Rwanda

    Inyungu
    Kwishyurirwa ubwishingizi bwo kwivuza, Kwishyurwa iminsi y’ikiruhuka

    Igihe cyamasezerano
    Amezi 6

    Abemerewe gusaba akazi
    Uyu mwanya wererwe abanyarwanda gusa.

    Igihe ntarengwa cyo gusaba akazi
    21 Nyakanga 2023

    Ikigega kimwe cya Acre nticyigera gisaba abakandida kwishyura amafaranga cyangwa kwishyura ibizamini murwego urwo arirwo rwose. Imeri imwe ya Acre Fund imeri izahora ituruka kuri a @oneacrefund.org aderesi. Nyamuneka menyesha itumanaho iryo ari ryo ryose riteye inkeke hano (globalhotline@oneacrefund.org), ariko ntutume porogaramu cyangwa ibikoresho byo gusaba kuri iyi aderesi imeri.

    Dutandukanye, Uburinganire, Kwishyira hamwe (DEI), no kurwanya ivanguramoko bifitanye isano rya bugufi n’intego z’umuryango wacu n’intego. Ikigega kimwe cya Acre cyifuza kubaka umuco aho abakozi bose bumva ko bahabwa agaciro, bahagarariwe, kandi bahujwe - kugirango itsinda ryacu rishobore gutera imbere nkabanyamwuga, kandi rigere ku ngaruka zidasanzwe kubahinzi dukorera.

    Twiyemeje amahirwe angana yo kubona akazi tutitaye ku bwoko, ibara, ibisekuruza, idini, igitsina, inkomoko y’igihugu, icyerekezo cy’imibonano mpuzabitsina, imyaka, uko abashakanye, ubumuga, igitsina, indangamuntu cyangwa imvugo. Twishimiye kuba amahirwe angana aho dukorera.

    APPLY NOW

RELATED JOBS

Popular Jobs

  • imyanya 22 y’akazi- RWANDA EDUCATION BOARD
  • 10 job vacancies - MININFRA
  • Imyanya 10 y’akazi muri REG
  • EXECUTIVE SECRETARY OF CELL
  • 9 job positions - Green Hills Academy